Category: Uncategorized

  • Urupfu rw’Umwirabura Floyd rutumye Perezida Trump asinya iteka rivugurura Polisi ya Amerika #rwanda #RwOT

    Iteka rivugurura Polisi ya Amerika ryashyizweho umukono na Perezida Donald Trump kuri uyu wa 17 Kamena 2020. Riteganya ko inzego za polisi zigira kandi zisangira, zose mu gihugu, imyirondoro y’abapolisi bafite akamenyero ko gukoresha ingufu nyinshi zidakenewe kuri rubanda.

    Iri teka, riteganya agahimbazamusyi ku nzego za Polisi zitwaye neza, zidahutaza abaturage. Igihe hari umuntu wiyambaje Polisi kubera ibibazo bitarimo urugomo, abapolisi bagomba noneho kuzajya bajyana n’abasosiyare aho kugenda bonyine nk’uko bisanzwe. Ni nko mu bibazo by’uburwayi bwo mu mutwe, ibibazo by’abantu babaye imbata z’ibiyobyabwenge, cyangwa se ibibazo by’abatagira aho baba.

    Perezida Trump ashyize umukono kuri iri teka nyuma y’ibyumweru bitatu by’imyigaragambyo ikomeye mu gihugu cyose, yatewe n’urupfu rw’Umwirabura George Floyd wishwe n’umupolisi w’Umuzungu. Aritangaje kandi mu gihe Inteko ishinga amategeko, Congress, irimo itegura imishinga y’amategeko ibiri itandukanye yo kuvugurura imikorere y’abapolisi.

    Umushinga umwe witwa “Justice in Policing Act.” Wanditswe n’Umutwe w’Abadepite wiganjemo Abademokarate. Umushinga wa kabiri witwa “Justice Act.” Wateguwe na Sena yiganjemo Abarepubulikani. Nibamara kuyemeza buri mutwe ku ruhande rwawo, bazajya mu mishyikirano yo kurebera hamwe uko bayibyaza itegeko rimwe rukumbi.

    Kugeza ubu, mu byo iyi mishinga y’amategeko ihuriraho, harimo guca akamenyero k’abapolisi ko guta umuntu muri yombi bamuniga. Iyi mikorere ni yo yahitanye George Floyd mu kwezi gushize. Ni yo kandi yishe undi Mwirabura witwa Eric Garner mu 2014. Bombi bishwe n’abapolisi babanize kandi batigeze babarwanya.

    Ababisesengura bavuga ko iyi myigaragambyo irimo ihindura byinshi vuba cyane kandi ko yokeje igitutu gikomeye abategetsi bo hejuru b’igihugu kugirango bagire icyo bakora, bahagarike urugomo n’ubwicanyi bwa polisi, cyane cyane ku Birabura.

    Mbere yo gushyira umukono kuri iri iteka, Ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru ritangaza ko Perezida Trump yabanje kwakira mu muhezo imiryango y’Abirabura benshi b’inzirakarengane bishwe na polisi. Ariko bo ntibari mu muhango wo gusinya iteka.

    Ikindi imishinga y’amategeko yombi ihuriraho, kiri no mu iteka rya Prezida Trump, ni ugushyiraho ku rwego rw’igihugu uburyo bwo kugenzura imyirondoro n’imyitwarire y’abapolisi. Bityo umupolisi uzajya uva mu kazi ahantu akajya kugashaka ahandi bizaborohera kumenya amakuru y’uko yakoze aho yabanje.

    Icyo iyi imishinga itandukaniyeho ni ku budahangarwa kw’abapolisi. Umushinga w’itegeko w’Abademokarate uteganya ko bagomba kubwamburwa, ku buryo umuturage uhohotewe n’abapolisi ashobora kubarega mu nkiko. Umushinga w’Abarepubulikani wo ushimangira ahubwo ubu budahangarwa.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/urupfu-rwumwirabura-floyd-rutumye-perezida-trump-asinya-iteka-rivugurura-polisi-ya-amerika/

  • Premier League yasubukuwe Manchester City inyagira Arsenal, Sheffield United yimwa igitego imbere ya Aston Villa #rwanda #RwOT

    Umukino wari utegerejwe na benshi ku isubukurwa rya Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Bwongereza, Premier League, warangiye Manchester City inyagiye Arsenal y’abakinnyi 10 ibitego 3-0.

    source https://igihe.com/imikino/football/article/premier-league-yasubukuwe-manchester-city-inyagira-arsenal-sheffield-united

  • Ibimenyetso bishya byerekanye ko umucamanza waburanishaga Vital Kamerhe yishwe #rwanda #RwOT

    Minisiteri y’Ubutabera muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yahishuye ko umucamanza Raphaël Yanyi waburanishaga urubanza ruregwamo Vital Kamerhe, yishwe n’ibisebe mu mutwe.
    http://dlvr.it/RYptLr

  • Kamonyi: Bane bagwiriwe n’ikirombe gicukurwamo amabuye y’urugarika #rwanda #RwOT

    Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa 17 Kanama 2020, saa mbili n’igice za mu gitondo, mu mudugudu wa Nzagwa Akagari ka Nyarubuye.

    Kayitesi Alice, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi yabwiye RBA ko iyi mpanuka yatewe n’imiterere y’ahacukurwa amabuye y’urugarika avuga ko aba bakozi bane bacukuraga mu buryo bwemewe n’amategeko.

    Yagize ati “Ikirombe cyari gifite ibyangombwa byo gukora, cyagwiriye abakozi bane, babiri bapfuye, umwe niwe wabanje kwitaba Imana undi nawe yapfuye bamugejeje imusozi abandi babiri bakomeretse”.

    Meya Kayitesi yavuze ko iyi mpanuka yatewe n’imiterere y’ahacukurwaga aya mabuye.

    Aba bantu bane nibo bonyine bari muri iki kirombe. Imirambo ya ba nyakwigendera yajyanywe mu bitaro bya Remerera Rukoma, ninaho hari kuvurirwa babiri bakomeretse.

    Amabaye y’ ‘urugarika’ ni amabuye y’uweru akoreshwa mu bwubatsi. Akarere ka Kamonyi ni kamwe mu turere dukorerwamo ubucukuzi bw’amabuye atandukanye y’agaciro mu Rwanda.
    http://dlvr.it/RYptLd

  • Leta y’u Bwongereza igiye guhuriza hamwe DFID na Foreign Office, bamwe batangiye kubyamagana #rwanda #RwOT

    Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson, yatangaje ko Ikigega Mpuzamahanga cy’u Bwongereza kigamije Iterambere (DFID), kigiye guhuzwa na Foreign Office, nyuma y’imyaka irenga 20 gikorera mu bwigenge.
    http://dlvr.it/RYptG8

  • Imibereho y’abana bafite ubumuga mu gihe hizihizwa Umunsi w’umwana w’Umunyafurika #rwanda #RwOT

    Abaharanira uburenganzira bw’abana bafite ubumuga, barashima ko hari byinshi byakozwe mu kwita kuri abo bana ariko kimwe n’ababyeyi b’abo bana, bavuga ko hari ibigikeneye kunozwa.

    source https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/imibereho-y-abana-bafite-ubumuga-mu-gihe-hizihizwa-umunsi-w-umwana-w

  • Insengero zahawe icyizere cyo gukomorerwa mu minsi 15 iri imbere #rwanda #RwOT

    Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye ku wa Kabiri tariki 16 Kamena 2020, yahaye icyizere insengero cyo kongera gufungura mu minsi 15 iri imbere, nyuma y’amezi atatu zidasengerwamo kubera ingamba zo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus.

    source https://igihe.com/iyobokamana/amadini/article/insengero-zahawe-icyizere-cyo-gukomorerwa-mu-minsi-15-iri-imbere

  • Gukorana umwete, Urufunguzo rwo gusohoza icyo waremewe #rwanda #RwOT

    Umurimo wawe wose werekejeho amaboko yawe uwukorane umwete, kuko i kuzimu aho uzajya nta mirimo nta migambi uzahabona, haba no kumenya cyangwa ubwenge (Umubwiriza 9:10)
    Isi yuzuyemo abantu bashaka gukora bike bishoboka, bakurikiza itegeko ryo kugendera ku muvuduko wo hasi aho usanga kwitwa abanebwe ntacyo bibabwiye. Nyamara igihe kirahenze kandi iyo gitakaye nta muntu ushobora kukigarura.
    bunebwe abenshi babuterwa n’ibinezeza by’igihe gito cyangwa ibikenewe by’igihe runaka aho usanga abantu bashaka kwakira ibintu byose ntacyo batanze. Ariko Bibiliya itubwira ko ubunebwe bushobora kuzanira umuntu kurimbuka, Kandi gukenera inyungu utaruhiye bishobora kugukururira akaga (Umubwiriza 10:18)
    Intumwa Pawulo mu rwandiko yandikiye 1Abakorinto 9:24-27, Yibutsa abakristo kubaho ubuzima bumeze nk’amarushanwa ya siporo aho abakangurira gukora ibi bikurikira:
    1. Gukora cyane
    2. Gusiganwa kugirango utsinde
    3. Gutumbira intego
    Ibyo dukora byose, Dukwiye kubikora hagamijwe guhesha Imana icyubahiro:
    Nk’uko Pawulo yabyandikiye 1Abakorinto :10:31, Imirimo yose dukora mu buzima bwa buri munsi ikwiye kuba igamije guhesha Imana icyubahiro kuko twaremewe kuyihimbaza mu byo dukora byose.
    Iyi mvugo ihindura imyumvire uko byagenda kose. Bisobanura ko dukora ibintu byose mu izina ry’Imana, Byose tukabikorera muri yo, Dushishikajwe no gushaka ubunyangamugayo kandi dufite ishyaka ryo kuba indashyikirwa tukareka kuyoborwa n’amahame gusa, ahubwo imvugo ikaba ingiro.
    Umurimo wose dukora ukwiye kutubera amahirwe yo kubaha Imana no gushyira mu bikorwa amahame ya Bibiliya hagamijwe kwitoza gukoresha impano twahawe. tugomba kandi gufata uwo muco mu byo dukora haba mu muryango, mu rusengero ndetse no mugihe cyo kwidagadura (loisirs)
    Mubyukuri Ntabwo turi abacu ngo twigenge, Duhagarariye Imana hano ku isi niyo mpamvu tugomba gukora neza n’iyo haba mu gihe kibi ntiducogozwe n’ibibazo duhura nabyo.
    Mu rwego rwo rwo gushyira mu bikorwa icyo twahamagariwe,Turasabwa gukorana umwete buri kintu cyose tukamenya ko ariwo mwanya wo kuramya Imana. Ni ngombwa gukoresha neza impano twahawe hamwe n’imbaraga zacu zose bizatuma tugera ku mugambi mwiza Imana yaturemeye.
  • Jay Polly na Da Queen basohoye indirimbo ’Hope’ bakomoye ku nkuru y’umwana watawe n’ababyeyi

    Abahanzi Jay Polly na Da Queen mu minsi ishize basuye umwana watawe n’ababyeyi ku musozi wa Jali, nyuma yo kumva ibyamubayeho biyemeza gukora indirimbo bashingiye ku buhamya bwe.
  • OMS yashimye ibyavuye mu igerageza kuri ’Dexamethasone’ mu kuvura abarembejwe na Coronavirus

    Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) ryishimiye ibisubizo byavuye mu igerageza ry’ibanze ry’umuti witwa ‘Dexamethasone’, uri kwifashishwa mu kuvura abarwayi ba Coronavirus bageze ku rwego rwo guhabwa imashini ibafasha guhumeka.