Category: Uncategorized
-
Urubanza rwa Tom Byabagamba ku cyaha cy’ubujura rwasubitswe #rwanda #RwOT
Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa Mbere, rwasubitse urubanza ubushinjacyaha buregamo Tom Byabagamba wahoze afite ipeti rya Colonel mu Ngabo z’u Rwanda, ku cyaha by’ubujura. -
Bwa mbere mu munsi umwe habonetse abantu benshi banduye Coronavirus #rwanda #RwOT
Ishami ry’Umuryango w’Abibumye ryita ku buzima, OMS ryatangaje ko taliki ya 13 Nzeri yaciye agahigo ko kuba ari wo munsi wa mbere ubonetsemo umubare munini w’abantu banduye Covid-19 hirya no hino ku Isi. -
Abana mu myaka, intyoza mu kuryoshya indirimbo: Igisekuru gishya mu ba-’producer’ #rwanda #RwOT
Bafite impano zitangaje mu gucuranga no gutunganya indirimbo, bakaba intyoza zifite ugutwi kumva vuba ibya muzika. -
Igifi cya rutura kw' Isi cyayobeye mu ruzi rw' ingona nyinshi #rwanda #RwOT
Abategetsi muri Australia bavuga ko bari kugerageza kuyobora ifi nini cyane yo mu bwoko bwa 'humpback whale' yayobeye mu ruzi rurimo ingona nyinshi mu majyaruguru y'icyo gihugu.
Iyi fi ya rutura yavuye mu nyanja irayoba ikora urugero rwa kilometero hafi 30 izamuka mu ruzi yiroha muri iyo nyanja.
Iyi fi yari kumwe n'izindi ubwo zari mu rugendo rwo kwimukira mu nyanja maze zimwe muri zo 'zirayoba zifata inzira itari yo' nk'uko abahanga babicyeka.
Ngenzi zayo ebyiri zo, nyuma zabashije gusohoka muri urwo ruzi zisubira mu nyanja, ariko imwe ikomeza urugendo ukwayo.
Nibwo bwa mbere muri Australia ifi nini cyane yo muri ubu bwoko bimenyekanye ko yisanze mu ruzi rwuzuyemo ingona, kure y'inyanja.
Kubera ubunini bakeka ko ifite (metero 16 z'uburebure), abahanga baravuga ko ingona zidashobora kuyisagarira.
Gusa mu gihe bikekwa ko hari ahantu hatoya mu mugezi iyi fi ishobora kugera igahagama, ibintu byagenda ukundi nk'uko abategetsi babivuze uyu munsi ku wa mbere.
Ngo byagenze bite?
Aya mafi yo mu bwoko bwa 'whale' cyangwa 'baleine', yabonywe n'abantu bari mu bwato mu cyumweru gishize ari mu ruzi rwitwa East Alligator River muri parike ya Kakadu, ari nayo nini cyane muri Australia.
Abantu baratangaye cyane kubona aya mafi nyamunini arimo yoga mu ruzi.
Carole Palmer, inzobere muri siyansi y'ibyo mu mazi wo muri ako gace, agira ati: 'Ni ikintu kitigeze kubonwa mbere muri Australia yose. Ni ibintu bidasanzwe.'
Madamu Palmer yabwiye igitangazamakuru cya leta, Australian Broadcasting Corporation (ABC), ko batamenya neza niba 'ayo mafi yayobye' cyangwa se akora ibyo azi.
Avuga ariko ko bakeka ko yari mu rugendo agana mu majyepfo muri Antarctica ariko akibeshya akinjira mu ruzi.
Ubusanzwe amafi yo muri ubu bwoko yimukira hafi ya Australia ahantu hari amazi ashyushye nyuma y'impeshyi agiye kuhabyarira, mbere yo kugaruka muri Antarctica kuharerera.
Hari ikibazo?
Nubwo uyu mugezi ubamo ingona nyinshi, abahanga ntibiteze ko habaho imirwano kubera uyu mushyitsi nyamunini zitamenyereye.
Ariko mu gihe iyi fi yahagama ahantu hato muri uru ruzi, cyangwa mu byatsi byo ku nkombe zarwo, 'yahita ihinduka icyo kurya cyizanye kuri zo' nk'uko Madamu Palmer yabibwiye ABC.
Ati: 'Nta buryo twaterura ifi y'uburebure buri hagati ya metero 12 na 16 tuyivana aho, icyo gihe nibwo ingona nazo zaboneraho.'
Bari gukora iki ngo bayifashe?
Ubwato ubu bwabujijwe kugera mu bice bimwe by'uru ruzi.
Bari bafite icyizere ko iyi fi ubwayo iza kuhivana, ariko yakomeje kuzamuka muri uru ruzi â” ku ntera irenga 20km uvuye ku nyanja.
Madamu Palmer avuga ko abategetsi bari gushaka uko bayisubiza inyuma, harimo nko gukoresha 'urusaku' rw'amato ari hafi, cyangwa amajwi y'amafi yo mu bwoko bwayo yafashwe mbere.
Ati: 'Buri kimwe cyose kiragoye, ariko buri wese ari kugerageza uburyo bushoboka byakorwa neza'.
Abashinzwe pariki bari kugerageza gufasha iyi fi kuva mu ruzi igasubira aho ikwiye kuba iri
Ifi yo mu bwoko bwa 'humpback whale' yagaragaye mu ruzi rubamo ingona nyinshi
Source : https://impanuro.rw/2020/09/14/igifi-cya-rutura-kw-isi-cyayobeye-mu-ruzi-rw-ingona-nyinshi/
-
Abasaga ibihumbi bine bafashwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, utubari 64 turafungwa #rwanda #RwOT
Minisiteri y'Ubutegetsi bw'Igihugu ku bufatanye na Polisi y'Igihugu bagaragaje ko abantu basaga ibihumbi bine bafashwe kuwa Gatandatu tariki 12 Nzeri 2020 barenze ku mabwiriza yo kwirinda Coronavirus, mu gihe utubari 64 twafunzwe. -
Muhire Kevin yakomoje ku bihe bikomeye yari amazemo iminsi mu Misiri #rwanda #RwOT
Umukinnyi w’umunyarwanda ukina mu kibuga hagati mu ikipe ya El Geish mu gihugu cya Misiri, Muhire Kevin avuga ko ikintu cyatumye atakaza umwanya wo gukina muri iyi kipe ari ibibazo yari amazemo iminsi ariko byakemutse.
Mbere y’uko shampiyona y’icyiciro cya mbere muri iki gihugu ihagarara kubera COVID-19, Muhire Kevin yari umwe mu bakinnyi b’inkingi za mwamba z’iyi kipe ahora muri 11 babanzamo.
Shampiyona yaje kugaruka 16 Kanama 2020 banganya na Pyramids 2-2.
Kuva shampiyona yagaruka uyu musore yagiye agorwa no kubona umwanya wo gukina, rimwe na rimwe akaza asimbuye.
Uku kubura umwanya bya hato na hato, byatumye benshi bibaza icyabaye kuri uyu musore aho bakeka ko yaba yarasubiye inyuma, mu kiganiro na ISIIMBI yavuze ko atasubiye inyuma ahubwo yahuye n’ibibazo ari nabyo byatumye atakaza umwanya.
Yagize ati'oya ntabwo nasubiye inyuma, ni ibabazo nahuye nabyo, ni ibibazo byanjye bwite niyo mpamvu. Wihangane ntabwo nabivuga. Mbere y’aho nakinaga imikino yose ni uko nagize akabazo ariko ubu karakemutse, ubu nta kibazo.'
Kevin Muhire akaba amaze imyaka 2 mu gihugu cya Misiri, akaba yaragiye agiye mu ikipe ya Misr Lel Makasa ayisinyira imyaka 3, umwaka wa mbere yawumaze ari intizanyo mu ikipe ya El Dakhlia, umwaka wa kabira akaba yarawukinnye muri Misr El Geish.
Muhire Kevin ko kutabona umwanya nk’uko byahoze byatewe n’ibibazo yahuye nabyo
Ubu ngo ibibazo bgo byarakemutseSource : http://isimbi.rw/siporo/article/muhire-kevin-yakomoje-ku-bihe-bikomeye-yari-amazemo-iminsi-mu-misiri
-
Abasaga ibihumbi bine bafashwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, utubari 64 turafungwa #rwanda #RwOT
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ku bufatanye na Polisi y’Igihugu bagaragaje ko abantu basaga ibihumbi bine bafashwe kuwa Gatandatu tariki 12 Nzeri 2020 barenze ku mabwiriza yo kwirinda Coronavirus, mu gihe utubari 64 twafunzwe. -
Israel igiye gusubira muri guma mu rugo nyuma y’uko abasaga 4000 banduye Covid-19 mu munsi umwe #rwanda #RwOT
Nyuma y’uko muri Israel hagaragaye abantu ibihumbi bine banduye icyorezo cya Covid-19 mu munsi umwe, guverinoma y’iki gihugu yatangaje ko bagiye gusubira muri gahunda ya Guma mu rugo mu rwego rwo gukumira ko umubare w’abandura iki cyorezo ku munsi warushaho kuzamuka. -
Seven Arrested In Rusizi Over Theft Of Classroom Construction Cement #rwanda #RwOT
Seven people were arrested separately in Giheke Sector of Rusizi District for allegedly stealing cement meant for the building of classroms under 12-Year Basic Education programme.
They were arrested in two separate operations in connection with the theft of cement at Rwera school construction site in Ntura cell, according to the Western region Police spokesperson, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi. 'On August 30, three men; Thomas Bakundukize, 33, Alexiane Mukaniyonsenga, 30, and Zachée Hakizimana, 42, were caught selling 10 sacs of cement which they had stolen from the school.
In the second operation conducted on September 11, one Marc Munyarukiko and Jean Paul Ngizwenayo, the school gatekeeper were arrested. They had just sold 15 bags of cement. They were arrested alongside their customers; Vianney Mukeshimana and Damascene Nganabera, who had just bought the cement,' CIP Karekezi said. All the operations were a success because of community policing partners, who worked with the Police to identify the suspected thieves and recover the bags of cement, according to CIP Karekezi.
'Local residents saw these people selling cement, and out of suspicion they shared information with the Police. We worked with local leaders to arrest them and recover the stolen cement.' He called upon the residents to jelously protect such materials meant for the construction of public infrastructure.
'The classrooms under construction are for Rwandan children, but if certain people are stealing some of the materials, the end goal could not be achieved,' he added. He commended the residents who shared the information and encouraged everyone else to not turn a blind eye to crimes, but instead report them to those in charge.
All the arrested were taken to COVID-19 isolation centres where they will be tested in order for the next legal steps to be taken.
Source : https://taarifa.rw/seven-arrested-in-rusizi-over-theft-of-classroom-construction-cement/
-
Imyaka ibiri Ingabire Victoire ahawe imbabazi: Ibikorwa byamuranze #rwanda #RwOT
Tariki ya 15 Nzeri 2018 ni umunsi utazibagirana mu mateka y'ubutabera bw'u Rwanda, kuko abagororwa barimo na Ingabire Victoire bahawe imbabazi na Perezida wa Repubulika bagasubira mu buzima busanzwe.