Category: Uncategorized
-
Gakenke: Umugabo yishe umugore we amutemye, ahita yiyahuza aside ariko ntiyapfa #rwanda #RwOT
Umugabo w’imyaka 30 y’amavuko witwa Munyantore JMV ukomoka mu Karere ka Gakenke mu Murenge wa Coko, yishe umugore we witwa Nyiranizeyimana Angelique w’imyaka 27, amutemye nawe yiyahuza aside ariko ntiyapfa. -
Mozambique: Amnesty irashaka ko hakorwa iperereza ku mugore warashwe inshuro 36 yambaye ubusa #rwanda #RwOT
Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu urasaba ko hakorwa iperereza ryigenga nyuma yuko abagabo bambaye imyenda ya gisirikare bishe umugore utwite wambaye ubusa mu majyaruguru y'iki gihugu. Aya marorerwa guverinoma ikaba iyashinja inyeshyamba zitwaje intwaro.
Amashusho ya videwo yagaragaye ku cyumweru gishize yerekana abagabo bambaye imyenda y'ingabo bakubita umugore bashinjaga kuba mu mutwe w'ingabo hanyuma bamurasa mu mugongo ubwo yageragezaga guhunga.
Amnesty yagize ati: 'Abantu bane bitwaje imbunda bamurashe inshuro 36 zose hamwe n'imbunda zitandukanye za Kalashnikov n'imbunda yo mu bwoko bwa PKM.' Umwe mu bagabo bambaye imyenda ya gisirikare yamukubise inkoni mu mutwe mbere yuko abandi barasa, muri video bavuga ko bamwicira iruhande rw'umuhanda.
Aya mashusho yafatiwe mu ntara y'amajyaruguru ya Cabo Delgado, aho inyeshyamba zigometse ku butegetsi zikorera
Umuyobozi wa Amnesty International muri Afurika y'Iburasirazuba n'Amajyepfo, Deprose Muchena yagize ati: 'Iyi videwo iteye ubwoba ni urundi rugero rubabaje rw'ihohoterwa rikabije ry'uburenganzira bwa muntu n'ubwicanyi butagira impuhwe bwabereye i Cabo Delgado kubanya Mozambike.'
Ku wa kabiri, Minisitiri w'imbere mu gihugu Amade Miquidade yavuze ko abicanyi ari abarwanyi bitwaje imbunda bambaye imyenda 'isa' n'iy'ingabo za leta.
Mu magambo ye yagize ati: 'Video yerekana amarorerwa akorerwa umugore utwite ni poropagande y'iterabwoba.' 'Iyi videwo yakozwe n'imitwe y'iterabwoba mu kujijisha rubanda kandi ntabwo ari ubwa mbere bibaye.'
Mu mashusho yakwirakwijwe ku wa mbere, iri tsinda rivuga ko uyu mugore ari 'al-Shabab' â” izina ry'umutwe witwaje intwaro ukorera mu majyaruguru y'igihugu kuva mu 2017.
Igisirikare cya Mozambike, cyagiye mu ntambara n'inyeshyamba zo muri iyo ntara nacyo kibamo imishinga ya gaze irimo gutunganywa n'ibikorwa bya peteroli , cyavuze ko kibona ko aya mashusho atangaje kandi ateye ubwoba, kandi 'ikiruta byose, yamaganwa'
Amnesty, yavuze ko abagabo bambaye imyenda ya gisirikare bamwishe kubera ko yari yabateye umugongo, yanga kubereka aho inyeshyamba zihisha.
Mu cyumweru gishize, umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu wavuze ko wagenzuye amashusho yerekana kugerageza guca umutwe, iyicarubozo, gucamo ibice bivugwa ko ari abarwanyi batavuga rumwe n'ubutegetsi ndetse n'iyicwa ry'urukiko.
Source:Aljazeera
Inkuru yanditswe na Venuste Habineza
-
Umugabo mubi cyane kurusha abandi kw'isi akomeje kuvugisha benshi [AMAFOTO] #rwanda #RwOT
Godfrey Baguma w'imyaka 47 bakunze kwita Ssebabi, wegukanye igihembo cy'umugabo mubi kurusha abandi muri Uganda, nyuma yo kurongora umugore wa gatatu w'ikizungerezi byatangaje rubanda aho benshi bari kwibaza niba adakoresha amarozi.
Godfrey Baguma yegukanye igihembo cy'umugabo mubi kurusha abandi muri Uganda mu mwaka wa 2002.
Asanzwe ari umunyarwenya wabigize umwuga, gusa guca akagahigo ko kwegukana iki gihembo byamugize icyamamare ku buryo umwuga we wo gusetsa no gushimisha rubanda bimwinjiriza agatubutse.
Ssebabi yigaruriye imitima ya benshi cyane cyane igitsinagore, bikaba bigoye kwiyumvisha uburyo amaze kurongora abagore batatu bakiri bato kandi b'ibizungerezi.
Nyuma yo gukora ubukwe akarongora umugore wa gatatu w'ikizungerezi, imbuga nkoranyambaga yarazihariye, inkuru ye ni yo iri kuvugwa cyane, benshi bakaba bakomeje kwibaza niba nta marozi akoresha amufasha kwigarurira imitima y'abakobwa beza.
Magingo aya Godfrey Baguma (Ssebabi) afite abana barindwi barimo babiri yabyaranye n'umugore wa mbere n'abandi batanu yabyaranye n'umugore wa kabiri.
Ssebabi urongoye umugore wa 3 w'ikizungerezi, mu mwaka wa 2002 nibwo yegukanye igihembo cy'umugabo mubi kurusha abandi mu gihugu cya Uganda, ubu bukwe bwe bukaba bwavugishije abantu ku mbuga nkoranyambaga.



-
Abakobwa bo muri diaspora: Ishyiga ry'inyuma ku mibereho y'abasore b'bahanzi n'abandi b'ibyamamare? #rwanda #RwOT
Hambere aha ibintu bitaradogera ngo icyorezo cya Coronavirus cyugarize Isi, ababa mu mahanga bafite abakunzi babo b'ibyamamare mu Rwanda impeshyi iba yarabasanze i Kigali cyangwa i Rubavu ku mazi n'ahandi. -
Frank Mugambage yasezeweho nka Ambasaderi w'u Rwanda muri Uganda #rwanda #RwOT
Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga ya Uganda yakoze umuhango wo gusezera kuri Gen Maj (Rtd) Frank Mugambage wari umaze imyaka 11 ari ambasaderi w'u Rwanda muri icyo gihugu.Source : https://igihe.com/amakuru/article/frank-mugambage-yasezeweho-nka-ambasaderi-w-u-rwanda-muri-uganda
-
Umukinnyi wa Rayon Sports wari utegerejwe mu Rwanda ntakije #rwanda #RwOT
Alex Nyarko Harlley ukomoka muri Togo akaba mwishywa wa Adebayor wari utegerejwe i Kigali muri Rayon Sports, ntakije nyuma yo kubwirwa ko azabaho nabi.
Tariki ya 19 Kanama 2020, Rayon Sports nibwo yatangaje ko yasinyishije umwana wa mushiki wa Emmanuel Adebayor, Alex Nyarko Harlley wakinaga muri Amerika, uyu mukinnyi na we yabyemeje binyuze mu mashusho yoherereje abakunzi b’iyi kipe.
Mu kiganiro na Radio Flash kuri uyu wa Gatatu, Munyakazi Sadate yavuze ko uyu mukinnyi atakije gukinira Rayon Sports.
Yavuze ko abantu benshi bamugiye mu matwi bamubwira ko muri iyi kipe azabaho nabi maze asaba ko amasezerano bari bagiranye bayasesa.
Ati“Alex ni umukinnyi twari twaguriwe n’umwe mu bakunzi ba Rayon Sports bari kudufasha gushaka abafatanyabikorwa…muri abo, bafatanyabikorwa rero bari bifuje ko batuzanira umukinnyi Alex”
Yakomeje agira ati ” Alex rero twamuhaye amasezerano turayisinyana ndetse mwabonye ko yabibatangarije ariko nyuma abantu baramwandikira kuri Twitter, bamubwira ko atazabona amafaranga, ko atazishyurwa, ko azabaho nabi , ko aje mu muriro bituma rero umukinnyi wari uri ku rwego nk’urwo yari ariho muri Amerika , abonye ayo makuru ahindura ibitekerezo.”
Alex Nyarko Harlley w’imyaka 27 yari yasinye imyaka 2 muri Rayon Sports, yakinaga mu cyiciro cya 4 muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yakiniraga ikipe yitwa Georgia Revolu.
Alex ntakije muri Rayon SportsSource : http://isimbi.rw/siporo/article/umukinnyi-wa-rayon-sports-wari-utegerejwe-mu-rwanda-ntakije
-
[Action required] Your RSS.app Trial has Expired – Wed Sep 16 2020 #rwanda #RwOT
Your trial has expired. Please update your subscription plan at rss.app.
Source : https://rss.app/
-
Apple yashyize ku isoko Apple Watch na iPad bishya, n'uburyo budasanzwe bw'ifatabuguzi #rwanda #RwOT
Uruganda rwa Apple rwashyize ku isoko ibikoresho bishya birimo Apple Watch ebyiri na iPad ebyiri, biherekejwe n'uburyo bushya bwo kugura ifatabuguzi rya serivisi z’iki kigo buri kwezi. Biteganyijwe ko ibi bikoresho bishya bizagera ku isoko ku wa Gatanu. -
Ikamba rya Notorious B.I.G. n'amabaruwa y'urukundo ya Tupac byatejwe cyamunara #rwanda #RwOT
Amafoto yafotowe bwa nyuma Notorious B.I.G. yambaye ikamba ryatumye yitwa Umwami wa New York yaguzwe akabakaba kimwe cya kabiri cya miliyoni z'ama-pound, mu gihe amabaruwa 22 ya Tupac yaguzwe £58,629. -
Ubushakashatsi bwagaragaje ko gufashisha abakene amafaranga bibagirira akamaro kurusha kubafashisha ubundi buryo #rwanda #RwOT
Ubushakashatsi bwakozwe n'ikigega cy'Abanyamerika cyita ku iterambere mpuzamahanga, USAID, bwagaragaje ko muri rusange, uburyo bwo gufasha abakene bahabwa amafaranga bagahitamo icyo bayakoresha, butanga umusaruro mwiza wo kubakura mu bukene, kurusha uburyo bwo kubahitiramo ibyo bahabwa.