Author: webrwanda

  • USA/Atlanta: Undi mwirabura yongeye kwicwa arashwe, ukuriye Polisi ahita yegura

    Nyuma ya George Floyd wishwe na Polisi ashinzwe ivi mu ijosi, undi mwirabura witwa Rayshard Brooks yarashwe n’abapolisi b’abazungu I Atlanta ho muri Amerika kuri uyu wa Gatanu nimugoroba tariki 12 Kamena 2020. Ukuriye Polisi yahise atanga ubwegure bwe mu gihe imyigaragambyo irimbanije.

    Umukuru wa polisi yo mu mujyi wa Atlanta muri leta ya Georgia muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yeguye ku mirimo ye nyuma yaho Umunyamerika ukomoka muri Afurika w’umugabo witwa Rayshard Brooks arasiwe na Polisi bikamuviramo urupfu.

    Rayshard Brooks w’imyaka 27 y’amavuko, yari yasinziririye mu modoka ye imbere ya “restaurant” aho abakiliya bahabwa ibyo bifuza batarinze gusohoka mu modoka. Abategetsi bavuga yarashwe n’umupolisi mu bushyamirane bwabaye ku wa gatanu nimogoroba.

    Keisha Lance Bottoms, “Mayor w’umujyi wa Atlanta”, yavuze ko Erika Shields, wari ukuriye polisi muri uwo mujyi, yamugejejeho ubwegure bwe ku munsi w’ejo ku wa gatandatu.

    Abigaragambya i Atlanta bigabije imihanda mu mpera y’iki cyumweru basaba ko hagira igikorwa kubera urupfu rwa Bwana Brooks. Ku mugoroba w’ejo ku wa gatandatu, abigaragambya bafunze umuhanda munini uzwi nka Interstate-75 w’i Atlanta.

    “Restaurant The Wendy’s” ari yo Bwana Brooks yapfiriye imbere, ejo ku wa gatandatu yatwitswe n’abigaragambya.

    “Restaurant The Wendy’s” ari yo Bwana Brooks yapfiriye imbere, ejo ku wa gatandatu yatwitswe n’abigaragambya.

    Erika Shields yari umukuru wa polisi ya Atlanta kuva mu kwezi kwa cumi na kabiri mu 2016 ndetse yari amaze imyaka irenga 20 ari umupolisi i Atlanta. ‘Mayor’ Bottoms yavuze ko Madamu Shields azakomeza gukora mu rwego rwa polisi ya Atlanta ariko agahindurirwa imirimo.

    Itangazo rya ‘Mayor’ Bottoms rigira riti: “Kubera ubushake bwe bwuko Atlanta yaba intangarugero yuko impinduka igaragara ikwiye kumera muri iki gihugu, umukuru wa polisi Shields yemeye guhita yegura aka kanya ku mwanya w’ukuriye polisi muri uyu mujyi kugira ngo umujyi ushobore gukomeza ibikorwa byihutirwa no kongera kubaka icyizere gicyenewe cyane aho dutuye“.

    ‘Mayor’ Bottoms, yanasabye ko umupolisi wagize uruhare mu rupfu rwa Bwana Brooks yirukanwa ku kazi ke.

    Byagenze gute ku mugoroba wo kuwa Gatanu?

    Urwego rushinzwe iperereza muri leta ya Georgia (ruzwi mu mpine y’Icyongereza nka GBI) ruri gukora iperereza ku rupfu rwa Bwana Brooks. Ruri no kureba amashusho yafashwe na ‘camera’ icunga umutekano yari imbere muri ‘restaurant’ The Wendy’s, ndetse runareba amashusho y’abavuga ko babonye uko byagenze.

    Urwego GBI ruvuga ko polisi yari yatabajwe ngo igere kuri iyo ‘restaurant’ kuko Bwana Brooks yari yasinziririye mu modoka ye, bigatuma abandi bakoresha uwo muhanda bagana iyo ‘restaurant’ babura aho baca.

    Nkuko polisi ibivuga, Bwana Brooks yanze gutabwa muri yombi nyuma yaho ibizamini byo kureba ingano y’inzoga yanyweye bigaragaje ko yarengeje urugero rw’iyemewe ku muntu utwaye imodoka.

    Uwigaragambya ahagaze hafi ya ‘restaurant’ The Wendy’s i Atlanta.

    Raporo y’urwo rwego rwa GBI ivuga ko amashusho yafatiwe imbere muri ‘restaurant’ The Wendy’s yerekana abapolisi birukankana Bwana Brooks, mbere yuko ahindukira agatunga umupolisi intwaro ituma umubiri w’umuntu ugagara (ugira ‘paralysie’/’paralysis’).

    Iyo raporo igira iti:”Umupolisi yahise arashisha imbunda ye, arasa Brooks”.

    Mu mashusho yatanzwe n’ababibonye, Bwana Brooks agaragara ari hasi ku mbuga iri imbere y’iyo ‘restaurant’, ashyamiranye n’abapolisi babiri.

    Ashikuza intwaro y’umupolisi itera kugagara k’umubiri, agacika abo bapolisi, akiruka. Undi mupolisi aza gushobora gukoresha iyo ntwaro igagaza (izwi nka ‘Taser’) iri kuri Brooks, nuko abo bapolisi bakiruka bahunga uwafataga amashusho.

    Humvikana amasasu, nuko Bwana Brooks akagaragara arambaraye hasi.

    Yajyanwe ku bitaro ariko aza gupfa nyuma yaho. Umwe muri abo bapolisi yavuwe igikomere yagiriye muri ubwo bushyamirane.

    Abigaragambya ejo ku wa gatandatu bateraniye rwagati mu mujyi wa Atlanta nyuma y’urupfu rwa Brooks.

    Ibiro by’umushinjacyaha byo mu karere ka Fulton nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, biri gukora irindi perereza ku byabaye, nkuko byabitangaje mu itangazo byashyize ahagaragara. Abanyamategeko bahagarariye umuryango wa Bwana Brooks bavuze ko uwo mupolisi nta burenganzira yari afite bwo gukoresha imbaraga zo kwica, bavuga ko iyo ntwaro yo kugagaza Bwana Brooks yari yambuye umwe muri bo itica.

    Umunyamategeko Chris Stewart yagize ati: “Ntabwo ushobora kurasa umuntu keretse agutunze imbunda”.

    Ku munsi w’ejo ku wa gatandatu, Bwana Brooks yateganyaga kujyana umwana we w’umukobwa wujuje imyaka umunani y’amavuko kwizihiza iyo sabukuru ye akina umukino wo kwinyereza ku rubura, nkuko abo banyamategeko b’umuryango we babivuga.

    Uku kubaye kurasa kwa 48 kurimo umupolisi uru rwego rw’iperereza ryo muri leta ya Georgia rukozeho iperereza kugeza ubu muri uyu mwaka, nkuko bitangazwa na televiziyo ABC News. Kurasa 15 muri uko kwavuyemo impfu.

    Ikinyamakuru The New York Times gitangaza ko hari abigaragambya bateraniye hanze ya ‘restaurant’ The Wendy’s ku wa gatanu. Abigaragambya bongeye gutera rwagati mu mujyi wa Atlanta ejo ku wa gatandatu. Amashusho yo mu myigaragambyo yerekana abigaragambya bafite ibyapa biriho izina rya Brooks ndetse n’ibirango byuko ubuzima bw’abirabura bufite agaciro.

    Abantu bo muri Atlanta bari basanzwe bari mu myigaragambyo yatewe n’urupfu rwa George Floyd.

    Bwana Floyd, wari ufite imyaka 46, yapfuye ku itariki ya 25 Gicurasi 2020 nyuma yaho umupolisi wo mu mujyi wa Minneapolis muri leta ya Minnesota amutsikamiye ku ijosi akoresheje ivi mu gihe cy’iminota irenga umunani. Uwo mupolisi yirukanwe ku kazi ndetse aregwa ubwicanyi bwo mu cyiciro cya kabiri.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/usa-atlanta-undi-mwirabura-yongeye-kwicwa-arashwe-ukuriye-polisi-ahita-yegura/

  • Ubwoba ni bwinshi mu Bushinwa bw’uko Coronavirus yongeye kwaduka

    Agace ko mu murwa mukuru Beijing w’Ubushinwa kashyizwemo ingamba zikaze za “guma mu rugo” nyuma y’aho hagaragaye abantu ba mbere banduye coronavirus mu minsi irenga 50 yari ishize nta bwandu bushya buboneka. Kuri uyu wa 13 Kamena 2020 hafashwe ingamba zikaze ku haremerwaga isoko hagaragaye abariremye banduye ndetse na bimwe mu bikorwa by’aharikikije byafunzwe, ingamba zirakazwa.

    Ubwo bwandu buri kuvugwa ko bufitanye isano n’isoko rya mbere rinini cyane muri ako gace rinarangurizwamo ibicuruzwa bitandukanye. Ni ryo rigemura 80% by’imboga n’inyama biribwa i Beijing, nkuko umunyamakuru wa BBC Stephen McDonell uri yo abivuga.

    Abantu 45 basanzwe baranduye Covid-19 muri 517 bapimwe bose hamwe muri iryo soko rya Xinfadi, nkuko bivugwa n’umutegetsi wo mu karere. Nta n’umwe muri bo wagaragazaga ibimenyetso bizwi cya coronavirus.

    Mu duce 11 duturanye n’iryo soko hashyizweho ingamba zikaze za “Guma mu rugo”, mu gihe abakozi 10,000 bo muri iryo soko bagiye gupimwa. Abategetsi barashaka no gupima buri muntu wese uherutse kurema iryo soko ndetse n’abatuye mu karere karikikije.

    Aba ni bo bantu ba mbere bemejwe ko banduye coronavirus i Beijing mu minsi irenga 50 yari ishize.

    Ni iki tuzi kuri aba bantu bashya banduye Coronavirus?

    Isoko rya Xinfadi riherereye mu majyepfo ashyira uburengerazuba bw’akarere ka Fengtai, nkuko BBC dukesha iyi nkuru ikomeza ibitangaza, ryafunzwe mu masaha yo mu gitondo cyo ku munsi w’ejo ku wa gatandatu.

    Hari nyuma yaho abagabo babiri bari baherutse kurirema batangajwe ko basanganywe Covid-19. Ibizamini byakorewe ku bo muri iryo soko bigaragaza ko abantu 45 banduye iyo virusi.

    Abantu babarirwa mu bihumbi bakora muri iryo soko ubu barimo gupimwa Covid-19.

    Chu Junwei, umutegetsi wo mu karere, yabwiye abanyamakuru ati: “Bijyanye n’ihame ryo gushyira umutekano n’ubuzima bw’abaturage mbere ya byose, twafashe ingamba za “Guma mu rugo” ku isoko rya Xinfadi no ku bice birikikije”. Yongeyeho ko aka karere ubu ari “nkaho kari mu ntambara“.

    Abasirikare babarirwa mu magana binjiye muri iri soko ubu ryamaze gufungwa. Ahategerwa ibinyabiziga hari hafi aho hafunzwe ndetse n’amashuri bituranye na yo yafunzwe. Ibikorwa by’imikino byahagaritswe i Beijing ndetse n’ahantu hahurira abantu benshi harimo kongera gufunga imiryango. Ubu hagiye kubaho kugira ubwoba bwuko haba harabayeho ubwandu bwa kabiri muri uyu murwa mukuru w’Ubushinwa.

    Coronavirus mu Bushinwa yahagaritswe binyuze mu gukoresha amwe mu mategeko akaze cyane kurusha ayandi ku isi, nyuma y’aho yari yagaragaye mu mujyi wa Wuhan.

    Mu Bushinwa, abantu barenga 4,600 batangajwe ko bishwe na coronavirus mu barenga 426,000 imaze kwica ku isi, nkuko bigaragarazwa n’imibare ya Kaminuza ya Johns Hopkins yo muri Amerika.

    Munyaneza Theogene / ntyoza.com

    source http://www.intyoza.com/ubwoba-ni-bwinshi-mu-bushinwa-bwuko-coronavirus-yongeye-kwaduka/

  • Inzu itunganya umuziki ya MAE Music izanye ingufu, yatangiranye na producer Trackslayer

    Ku wa Gatanu ku itariki ya 12 Kamena ni bwo uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda rwungutse izindi ngufu ubwo inzu itunganya umuziki ya MAE Music yashyiraga hanze indirimbo 2 z’bahanzi batangiranye na yo, Samila na King Lick.

    Iyi nzu ku ikubitiro yatangiranye n’abahanzi bakizamuka, umukobwa Samila wasohoye indirimbo Gezayo na King Lick wasohoye Inkovu, izi ndirimbo zikaba zasohotse mu buryo n’amajwi n’amashusho.

    Umuyobozi w’iyi nzu Niyonzima Djuma Patrick uzwi nka El Lucifer yatangaje ko bafite intego yo gukomereza aho abandi bagejeje ndetse bafite umwihariko wo gukora indirimbo nyishi mu gihe gito.

    Yagize ati” Twiyemeje gufasha impano nshyashya mu muziki no muri cinema bakarenga imbibi z’u Rwanda mu bihangano bifite umwimerere mu myandikire, tuje no kusa ikivi mu kuzamura impano ku isoko ry’u Rwanda.”

    Akomeza avuga ko ubu bafite abahanzi batatu ndetse bamaze gukora indirimbo zirenga eshanu mu gihe gito batangiye, izigera kuri enye zifite amashusho.

    Uretse abahanzi babiri twavuze haruguru, batangiranye n’abahanzi batatu undi akaba yitwa Mukombozi ufite inkomoko mu Burundi nawe indirimbo ye nshyashya ikaba yitezwe mu gihe gito.

    MAE Music n’ubwo ari nshya mu muziki, imaze umwaka n’igice ikora aho batangiriye muri Cinema bitwa MAE Films, bakora film zibanda ku muco wa kinyafurika, nk’iyatambukaga kuri TV10 yitwa Ururabyo Rwumye, 2 bajyanye muri festival hanze y’u Rwanda ndetse hari n’izitarasohoka.

    Binjiye mu muziki ku izina rya M.A.E.Music aho biyemeje gutanga umusanzu muri muzika nyarwanda, yemeza ko bifitiye studio yabo yitwa Sun Music bakoreramo iherereye Kacyiru aho kugeza ubu bari gukorana n’aba producer batatu mu buryo bw’amajwi ari bo Trackslayer, Vavana Wiz Beat, mu buryo bw’amashusho ni Fab Lab Pro.

    Samila wasohoye iyitwa Gezayo

    Inkovu y’urukundo ya King Lick

    Reba Gezayo ya Samila

    Reba Inkovu ya King Lick

    source http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/producer-trackslayer-yatangiranye-n-inzu-itunganya-umuziki-ya-mae-music-izanye-ingufu-zidasanzwe

  • Guverinoma y’u Rwanda yahaye UNAMISS inkunga y’ibikoresho byo kurwanya COVID19

    Ibi bikoresho byatanzwe na Leta y’u Rwanda binyuze mu basirikare bayo bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, byashyikirijwe UNAMISS kuri uyu wa 13 Kamena 2020.

    Brig. Gen. Eugene Nkubito, Umuyobozi w’ itsinda ry’intumwa z’umuryango w’Abibumbye ziri i Juba muri Sudani y’Epfo, niwe wari uhagarariye u Rwanda mu muhango wo gutanga ibi bikoresho.

    Yavuze ko “Coronavirus ni umwanzi wibasiye ikiremwa muntu niyo mpamvu ubufatanye aribwo buryo bwonyine bwo gutsinda iki cyorezo.”

    Brig. Gen. Nkubito yavuze ko ibindi bikoresho bizaza mu kwezi gutaha ubwo hazaba hatangiye gusimburana kw’intumwa z’umuryango w’abibumbye ziri mu butumwa bw’amahoro muri iki gihugu.

    Umuyobozi w’ishami rishinzwe laboratwari ya UNMISS, Joan Segui Barber, yashimiye u Rwanda ku nkunga yarwo, avuga ko ari inkunga ikomeye mu kuzamura ubushobozi bwo kurwanya COVID-19.

    Yagize ati “Ubundi iyo twashakaga gupima abantu byadusabaga gusaba ibikoresho ishami ry’umurango w’abibumbye ryita ku buzima ku cyicaro cyaryo hano muri Sudani y’Epfo. Ibi bikoresho tubonye bigiye kutwongerera umuvuduko mu gupima abakozi.”

    Abantu 1400 bari mu butumwa bw’amahoro baherutse gupimwa iki cyorezo, kandi ibikorwa byo kubapima bizakomeza ahantu hose u Rwanda rwohereje abaruhagarariye mu butumwa bw’amahoro.

    Abapimwe barimo Abapolisi , Abasirikare ndetse n’abagize urwego rw’imfungwa n’abagororwa bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo. Joan Segui Barber, na Brig. Gen. Eugene Nkubito, Umuyobozi w’ itsinda ry’intumwa z’umuryango w’Abibumbye ziri i Juba muri Sudani y’Epfo Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro batangiye gupimwa Coronavirus

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Ubuzima/article/Guverinoma-y-u-Rwanda-yahaye-UNAMISS-inkunga-y-ibikoresho-byo-kurwanya-COVID19

  • Fan Clubs 29 za Rayon Sports ntizishyigikiye inama y’inteko rusange yeguza Sadate, ngo zimwe zarahimbiwe

    Ku mugoroba w’ejo hashize ni bwo hacicikanye inkuru y’uko ihuriro ry’abafana ya Rayon Sports ‘Fan Base’ ryamaze gukusanya amasinya agera kuri 28 aturutse mu matsinda y’abafana ‘Fan Clubs’ agamije gutumiza inama y’inteko rusange yo kweguza Munyakazi Sadate, amwe muri aya matsinda akaba yamaze kwemeza ko yahimbiwe.

    Rayon Sports imaze igihe ivugwamo ibibazo by’imiyoborere, aho hari abadashyigikiye perezida w’iyi kipe watowe Munyakazi Sadate, ndetse hakaba haratangijwe gahunda yo gushaka uburyo yakurwaho hifashishijwe inama y’inteko rusange yamutoye muri Nyakanga 2019.

    Amategeko avuga ko kugira ngo iyi nteko rusange itumizwe bisaba byibuze ¾ by’abanyamuryango, muri Nyakanga 2019 yatowe n’amatsinda 40 y’abafana bivuze ko 30 asinye yemeza ko hatumizwa inama y’inteko rusange yaba.

    Ihuriro ry’amatsinda y’abafana ya Rayon Sports ‘Fan Base’, ku mugoroba w’ejo hasohotse inkuru ivuga ko ryamaze kubona amatsinda ‘Fan Clubs’ 28 muri 40 yasinye asaba ko inama y’inteko rusange itumizwa.

    Amakuru ISIMBI yamenye ni uko hari amatsinda amwe atarigeze asinya yahimbiwe, akaba amatsinda 29 yamaze kwitandukanye n’iki gikorwa.

    Ikindi kandi ikinyamakuru ISIMBI cyamenye ubwo cyandikaga iyi nkuru ni uko ubu amatsinda yemewe, akora mu buryo buzwi ya Rayon Sports ari 32 atari 40.

    Ngo ubusanzwe iyo itsinda ‘Fan Club’ rimaze amezi 3 ridatanga umusanzu ntabwo riba rikibarwa nk’irihari, ryongera kubarwa ryatanze umusanzu uteganywa.

    Amwe mu matsinda y’abafana ba Rayon Sports bavuga ko badashyigikiye iki gikorwa cyo kweguza Sadate

    Ngo gutumiza inama y’inteko rusange ntabwo bisaba Fan Clubs gusa, ngo zonyine ntizatumiza inama y’inteko rusange.

    Twagerageje kuvugana n’umuyobozi wa Fan Base, Mike Runigababisha ariko ntibyakunda kuko atabonekaga ku murongo wa telefoni.

    Umuvugizi w’ikipe ya Rayon Sports yabwiye ISIMBI ko abarimo gukora ibyo ari abashaka kuyobya abarayon, aho yemeje ko na bo nk’ubuyobozi bw’ikipe urutonde rwa Fan Clubs zivuga ko zabeshyewe barubonye bakaba bagiye kubikurikirana.

    Yagize ati“ibyo twabyumvise ariko turabifata nk’ibihuha by’abantu bashaka kuyobya abarayon(…), iyo bavuga ko rero Fan Clubs 28 zasinye navuga ko ari ukubeshya nk’uko wari ubimbajije twabonye nyinshi muri zo zivuga ko zitasinye kereka niba barazihimbiye cyane ko zifite abayobozi bazwi kandi bakaba babihakana, ubu igikurikira ni ukubikurikirana.”

    Munyakazi Sadate barashaka kumweguza

    Urutonde rwa Fan Clubs zitandukanyije n’iki gikorwa cyo gutumiza inama y’inteko rusange

    1. Ururembo / Diaspora Fan Club
    2. Rayon Sports Super Fans
    3. Ijwi ry’aba Rayon fan
    4. Gisaka Fan Club
    5. Gikundiro Iwacu Nyamagabe
    6. Winning Team Fan Club
    7. Kinyaga Fan Club
    8. The Blue Sky Fan Club
    9. New Vision Fan Club
    10. Karongi Blue Fan Club
    11. Isibo Fan Club
    12. Lucky Jersey Fan Club
    13. Intwari Fan Club
    14. Ubumwe bw’abarayon Fan Club
    15. Ruhango Fan Club
    16. Isaro Fan Club
    17. Gikundiro Senior Fan Club
    18. Friends Fan Club
    19. Smart Blue Fan Club
    20. Trust Supporters Fan Club
    21. Thé vert Fan Club
    22. Gikundiro Forever
    23. DYNA Fan Club
    24. TBW Fan Club
    25. Ijwi ry’Aba Rayon Senior
    26. Gikundiro Lovers Fan Club
    27. The Bleu familly Fan Club
    28. Rusizi Bugarama Fan Club
    29. Rubavu Fan Club

    source http://isimbi.rw/siporo/article/fan-clubs-29-za-rayon-sports-ntizishyigikiye-inama-y-inteko-rusange-yeguza-sadate-ngo-zimwe-zarahimbiwe

  • DORE AMAFOTO 6 YUZUYEMO UDUKORYO TUDASANZWE ACICIKANA KU MBUGA ZA INTERNET:AMAFOTO>

    NI KENSHI DUKUNDA KUBEREKA AMAFOTO YIRIWE ACICIKANA KU MBUGA ZA INTERNET UYU MUNSI RERO TWABAZANIYE IFOTO UMUNTU WESE YAREBA IKIKANGA BITEWE NUBURYO BANYIRAZO BAGENDA BIFOTOZA BITANDUKANYE KANDI BIGATUMA ABANTU BENSHI BAREBA IZO FOTO ZABO>>

    REBA AMAFOTO YUZUYEMO UDUKORYO HANO>>>

    POSTED BY EMMY KURI RWANDAPAPARAZZI.RW/TV

     62 total views,  62 views today

    The post DORE AMAFOTO 6 YUZUYEMO UDUKORYO TUDASANZWE ACICIKANA KU MBUGA ZA INTERNET:AMAFOTO> appeared first on Rwanda Paparazzi.

    source https://rwandapaparazzi.rw/2020/06/14/dore-amafoto-6-yuzuyemo-udukoryo-tudasanzwe-acicikana-ku-mbuga-za-internetamafoto/

  • Abapolisi mu Bufaransa barakaye bajugunya amapingu hasi bamagana ababashinja irondabwoko

    Mu mujyi wa Marseille n’indi mijyi yo mu Gihugu cy’u Bufaransa kuri uyu wa Kane tariki 11 Kamena 2020, Abapolisi bararakaye bajugunya hasi amapingu kubera ko bumva batutswe n’ababashinja ibikorwa by’urugomo ndetse n’irondabwoko. Bamwe mubapolisi banenze Leta yabo ko ntakigenda, bananenga abahuza ibikorwa byabo n’abyabagenzi babo bo muri Amerika.

    Kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Kamena 2020 ubwo Abapolisi bigaragambyaga, banatwaye imodoka zigenda mu rukurikirane zimanuka mu gace karimo inyubako y’ibiro bya Perezida bya Champs-Élysées rwagati mu murwa mukuru Paris, bazuva amahoni.

    Aba Bapolisi, bamaganye abavuga ko hari isano hagati y’imikorere yabo n’iy’abapolisi bo mu mujyi wa Minneapolis muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika. Ku itariki ya 25 Gicurasi 2020, abapolisi b’i Minneapolis ho muri Amerika bataye muri yombi George Floyd, Umunyamerika w’umwirabura utari witwaje intwaro, bamurambika hasi, bamushinga ivi ku ijosi igihe kirekire kugeza apfuye.

    Urupfu rwa Floyd, rwateje imyigaragambyo muri Amerika no mu bice bitandukanye ku isi mu rwego rwo kwamagana irondabwoko. Abo bapolisi bigaragambya bo mu Bufaransa banarubiye kubera ko Leta yaciye uburyo bwo gufata mu ijosi ababa bakekwaho ibyaha, mu gihe babambika amapingu.

    Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Christophe Castaner, ni we waciye ubwo buryo ku wa mbere w’iki cyumweru hari tariki 08 Kamena 2020. Hari nyuma y’aho abigaragambya mu Bufaransa bigabije imihanda bashinja Polisi yo muri icyo gihugu ko ikora irondabwoko ku bo mu moko ya banyamucye, mu buryo bumwe nkuko Polisi yo muri Amerika ishinjwa gukoresha urugomo ku bacyekwaho ibyaha b’abirabura.

    Ku wa kane, umusibo ejo hashize, Minisitiri Castaner yagiranye ibiganiro n’amashyirahamwe y’abapolisi. Kandi ibyo biganiro birakomeje, mu gihe Leta ishaka uko yahosha impaka zikomeye ku irondabwoko zongeye gukaza ubushyamirane mu miryango imwe n’imwe.

    Mu ntangiriro y’uku kwezi, BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko habaye ubushyamirane ubwo abigaragambyaga, batewe akanyabugabo n’imyigaragambyo y’abamagana irondabwoko muri Amerika, bibukaga Adama Traoré, Umufaransa ukomoka muri Afurika wapfiriye mu gikorwa cya polisi mu 2016 afite imyaka 24.

    Polisi y’Ubufaransa kandi ishinjwa gukomeretsa bikomeye umuhungu w’imyaka 14 y’amavuko witwa Gabriel, ubwo yari afunzwe acyekwaho kugerageza kwiba moto (ipikipiki) ahitwa Bondy hafi y’i Paris mu mpera y’ukwezi gushize.

    Kuri uyu wa gatandatu tariki 13 Kamena 2020, impirimbanyi zamagana irondabwoko zirateganya gukora imyigaragambyo rwagati i Paris. Polisi y’i Paris yaburiye ko amaduka n’ibindi bikorwa by’ubucuruzi muri ako gace bikwiye gufunga ndetse bagapfuka amadirishya byo kuyarinda kuko hashobora kongera kubaho ubushyamirane.

    Imyigaragambyo yo kujugunya amapingu kw’abapolisi yabaye ku wa kane mu mijyi nka Paris, Lille, Rennes, Bordeaux, Toulouse no mu yindi mijyi, ndetse yanakomeje mu gitondo cy’ejo ku wa gatanu.

    Imibare igaragaza iki?

    Ibiro ntaramakuru AFP bisubiramo amagambo y’umupolisi Xavier Leveau ashyigikira uburyo bwaciwe bwo gufata mu ijosi ucyekwaho icyaha mu gihe bamushyiramo amapingu. Yavuze ko ari “ingenzi cyane mu gihe cyo gushyiramo amapingu“. Yashimangiye ko ntaho buhuriye n’uburyo bwakoreshejwe bukaviramo urupfu George Floyd.

    Urwego rugenzura Polisi y’Ubufaransa ruvuga ko mu mwaka ushize rwakiriye ibirego bigera hafi ku 1,500 by’abarega abapolisi, kimwe cya kabiri cy’ibyo birego bikaba bijyanye n’ibikorwa by’urugomo, nkuko AFP ibitangaza.

    Amapingu ya polisi yajugunywe hasi mu mujyi wa Marseille ku wa kane w’iki cyumweru.

    Ikinyamakuru Le Parisien ejo ku wa gatanu cyasubiyemo amagambo y’umupolisi agira ati:” Iyi Leta nta kigenda cyayo, icyo ikeneye gusa ni abigaragambya 20,000 bigabije imihanda, ubundi Leta igahita itererana Polisi”.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/abapolisi-mu-bufaransa-barakaye-bajugunya-amapingu-hasi-bamagana-ababashinja-irondabwoko/

  • U Rwanda rwahaye UNMISS ibikoresho byo kwifashisha mu kuvura Covid-19

    Mu rwego rwo gukomeza guhangana n’icyorezo cya COVID-19, u Rwanda kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 13 Kamena 2020 rwahaye intumwa z’umuryango w’abibumbye zishinzwe kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo (UNMISS) ibikoresho byo kubafasha guhangana na Koronavirusi.

    Ku ruhande rw’ u Rwanda ibi bikoresho byatanzwe na Brig. Gen. Eugene Nkubito, umuyobozi w’ itsinda ry’intumwa z’umuryango w’abibumbye ziri i Juba muri Sudani y’Epfo.

    Brig. Gen. Nkubito, yavuze ko ibindi bikoresho bizaza mu kwezi gutaha ubwo hazaba hatangiye gusimburana kw’intumwa z’umuryango w’abibumbye ziri mu butumwa bw’amahoro muri iki gihugu.

    Yavuze ko Koronavirusi ari umwanzi wibasiye ikiremwa muntu ariyo mpamvu ubufatanye aribwo buryo bwonyine bwo gutsinda iki cyorezo.

    Joan Segui Barber, umuyobozi w’ishami rishinzwe laboratwari ya UNMISS yashimiye u Rwanda ku nkunga yarwo, avuga ko ari inkunga ikomeye mu kuzamura ubushobozi bwo kurwanya COVID-19.

    Yagize ati“ Ubundi iyo twashakaga gupima abantu byadusabaga gusaba ibikoresho ishami ry’umurango w’abibumbye ryita ku buzima ku kicaro cyaryo hano muri Sudani y’Epfo. Ibi bikoresho tubonye bigiye kutwongerera umuvuduko mu gupima abakozi”.

    Leta ya Sudani y’epfo nkuko urubuga rwa Polisi dukesha iyi nkuru rubitangaza, yashyizeho ingamba zo guhangana n’iki cyorezo harimo gushyiraho amasaha ntarengwa yo kuba buri muntu yageze iwe mu rugo, guhagarika amashuri no guhagarika imirimo itari ngombwa.

    Soma inkuru bijyanye hano: Sudani y’Epfo: Intumwa z’u Rwanda n’Abapolisi barwo bari mu butumwa bw’amahoro batangiye gupimwa Covid-19

    Twabibutsa ko muri iki cyumweru dusoza Leta y’u Rwanda yatangiye igikorwa cyo gusuzuma abapolisi, abasirikare ndetse n’abagize urwego rw’imfungwa n’abagororwa bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/u-rwanda-rwahaye-unmiss-ibikoresho-byo-kwifashisha-mu-kuvura-covid-19/

  • DRC/Ebola: Abantu 10 bamaze gupfa mu gihe kitagera kubyumweru 2

    Minisiteri y’ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo-DRC, kuri uyu wa gatandatu tariki 13 Kamena 2020 yatangaje amakuru mashya yuko icyorezo cya Ebola gihagaze mu ntara ya Équateur iri mu burengerazuba bw’igihugu, ivuga ko imaze kwica abantu 10.

    Abo bamaze gupfa, bari mu barwayi bashya 16 bamaze kuboneka guhera ku itariki ya 01 Kamena 2020, ubwo hatangazwaga ko Ebola yongeye kwaduka muri iki gihugu ku nshuro ya 11 mu mateka yacyo.

    Hari ahantu habiri habaye izingiro ry’iyi ndwara: hamwe ni i Mbandaka, mu murwa mukuru w’intara ya Équateur, ahabonetse abarwayi ku itariki ya 11 y’ukwa gatanu. Hakaba no mu karere k’ubuzima ka Bikoro, kuri kilometero 148 mu majyepfo ya Mbandaka, aho umugore wari wagiye mu muhango wo gushyingura i Mbandaka yatashye.

    Kuva ku itariki ya 14 y’ukwezi gushize kwa gatanu, DR Congo yatangiye kubara kugeza ku minsi 42 nta wundi murwayi mushya ubonetse kugira ngo itangaze ko Ebola yari yadutse mu burasirazuba bw’igihugu ku itariki ya mbere y’ukwa munani mu 2018 icitse.

    Iyo Ebola yo mu burasirazuba yatangajwe ko yahitanye abantu 2,280. BBC dukesha iyi nkuru itangaza ko yabaye iya 10 mu mateka ya DR Congo, iba n’iya kabiri mbi cyane mu mateka y’isi nyuma y’iyibasiye ibice bimwe byo mu burengerazuba bw’Afurika kuva mu 2013 kugera mu 2016 ikica abarenga 11,300.

    Ebola ni ndwara ki?

    • Ebola ni virusi itangira itera umuntu guhinda umuriro, gucika intege cyane, kubabara imitsi no kubabara mu muhogo.
    • Uko irushaho gukomera, uyirwaye araruka, agacibwamo ndetse akavira imbere ndetse akava n’amaraso mu bice byo hanze by’umubiri.
    • Abantu bayandura iyo bagize aho bahurira n’abayirwaye, nk’ahari igikomere ku mubiri, mu kanwa no mu mazuru, mu maraso, mu myanda iva mu mubiri cyangwa mu cyuya cy’uyirwaye.
    • Abarwayi ba Ebola akenshi bahitanwa n’umwuma ndetse no kunanirwa gukora kw’ingingo zimwe na zimwe z’umubiri.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/drc-ebola-abantu-10-bamaze-gupfa-mu-gihe-kitagera-kubyumweru-2/